Overblog
Editer l'article Suivre ce blog Administration + Créer mon blog
La Tribune franco-rwandaise
Actualités, opinions, études, analyses, diplomatie et géopolitique de la Région des Grands lacs.

Imidugudu 2 ya Gisagara ntiyizihije umunsi w'intwari

Le blog de Jean-Marie Ndagijimana

Byanditswe na Twagira Wilson

Abaturage  bo  mu midugudu ibiri  ya Gikore na Nyarunazi mu Murenge wa Kansi mu Karere  ka Gisagara ho mu Ntara y’Amajyepfo aho Uwiringiyimana Agathe akomoka ntibizihije umunsi w’intwari ngaruka mwaka usanzwe uba tariki 01 Gashyantare .

Abayobozi  baritana  ba mwana

Umuyobozi w’Akagari ka Sabusaro Ndayambaje Marcel yabwiye Imvaho Nshya ko akagari ayobora ari kamwe muri site z’aho abaturage bo mu midugudu ibiri ya Nyarunazi na Gikore bagombaga guhurira mu rwego  rwo kwizihiza umunsi w’intwari kimwe  nk’ahandi  mu gihugu, ariko ngo  bamwe mu bayobozi b’imidugudu nk’uwa Gikore  na Nyarunazi  yari yasabye  gutegura  uwo munsi ntibamenyesha  abaturage.

Ntuyenabo Tharcisse umwe mu baturage  twasanze  bahinga mu murima aho mu mudugudu wa  Nyarunazi  aho  gahunda  ny’ir’izina  yo  kwizihiza  umunsi w’intwari yari  yateganyijwe  kubera,  yabwiye  Imvaho Nshya  ko ngo  mu by’ukuri  ntacyo bari bamenyeshejwe kubyerekeranye n’umunsi  w’intwari  ndetse n’uko gahunda iteye. Ati « Ashwida  twebwe  nta cyo  abayobozi  bacu  batubwiye  niyo mpamvu  twigiriye mu mirimo yacu isanzwe ».

Bwana Ndayambaje Marcel uyobora Akagari ka Sabusaro  asanga kuba abaturage batarizihije  umunsi w’intwari, byose bishingiye ku bayobozi b’inzego z’ibanze basa n’abari  bivumbuye n’abigometse k’ubuyobozi cyane ko ngo umwe muri abo bayobozi barimo uw’umudugudu wa Nyarunazi Bwana Ntacyirende Yozefu wari wagiye guhinga  mu gishanga cy’Akanyaru  k’umunsi w’intwari, asanga bamwe muri bo bavuga amagambo y’urucantege ngo «N’ubundi manda yacu yari igiye kurangira bakore icyo bashaka’’.

Nyarunazi na Gikore ni imwe mu midugudu  yo mu Murenge wa Kansi mu Ntara y’Amajyepfo ituwe n’abaturage basaga igihumbi na magana atanu yegereye akarere ka Ngozi muri Komine ya Mwumba ho mu gihugu  cy’u Burundi.

http://www.orinfor.gov.rw/printmedia/news.php?type=rw&volumeid=169&cat=3&storyid=4637

 

 

Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Facebook Twitter RSS Contact