Overblog
Editer l'article Suivre ce blog Administration + Créer mon blog

Archives

Publié par La Tribune Franco-Rwandaise

Nta joro ridacya : Urubanza rwa Kizito Mihigo mu bujurire ruzaba kuwa 14 Gicurasi 2018.

Iyi nkuru yanditswe n'ikinyamakuru IGIHE cya FPR.

Yanditswe na Ndayishimye Jean Claude

Kuya 18 Mata 2018

Umuhanzi Kizito Mihigo agiye kuburana urubanza rw’ubujurire muri Gicurasi uyu mwaka nyuma y’imyaka ine amaze muri gereza.

Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrison, yatangarije IGIHE ko urubanza ruteganyijwe tariki 14 Gicurasi 2018, aho ruzaburanishwa n’Urukiko rw’Ikirenga.

Kizito yahanishijwe igifungo cy’imyaka 10 nyuma yo guhamwa n’ibyaha bine ubushinjacyaha bwari bumukurikiranyeho.

Ku wa 27 Gashyantare 2015 nibwo Urukiko Rukuru rwamuhamije icyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyaha cy’ubugambanyi bwo kugiririra nabi ubutegetsi buriho ndetse n’icyaha cy’ubwoshye bwo kugiririra nabi Perezida wa Repubulika, icyaha cyo gukora umugambi w’icyaha cy’ubwicanyi gusa ahanagurwaho icyaha cyo gucura umugambi w’icyaha cy’iterabwoba.

Kizito yaregwaga hamwe n’Umunyamakuru Cassien Ntamuhanga wakatiwe gufungwa imyaka 25, nyuma akaza gutoroka gereza na Dukuzumuremyi Jean Paul wakatiwe igifungo cy’imyaka 30; mu gihe Niyibizi Agnes we yagizwe umwere.

Nyuma yo gukatirwa igifungo yagannye inkiko ajuririra igihano yahawe.

 
jeanclaude@igihe.rw
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article
S
Le 21 Mata,2018.<br /> <br /> Kuri Padiri Thomas Nahimana ,<br /> Perezida wa Guverinoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro.<br /> Urakoze kongera kwereka abanyarwanda bo muri opozisiyo uruhande ubogamiyemo. Ahubwo koko abanyarwandan benshi dufite amaso ariko nitubona, tukagira n’amatwi arikontitwumve.<br /> Padri we, nkunze ko wamye ukoresha ukuri kumva mu ntangiriro kugeza magingo aya: washinze Guvernoma, uyita » Guvernoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro », noneho abenshi muri twe twavanywe mu byacu na FPR guhera 1990 kugeza aya magingo , muri bwa buswa bwacu, bwa buhumyi na bwabupfamatwi, iyi guvernoma yawe ubereye Perezida, ariyo wowe wise « Guvernoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro », twe duherako tukwitirira ibyo utigeze uvuga, dushyira ibyifuzo byacu mu kanwa kawe, nuko iyo guvernoma yawe dutangira kuyibeshyera tuyita « Guvernoma ya opozisiyo [nyarwanda] ikorera mu buhungiro ».<br /> Nyemerera ngushimire mbivanye ku mutima kuko uyu munsi maze gusoma iyi nyandiko yawe wise ngo « URUBANZA RWA KIZITO MIHIGO : IKIMENYETSO CY’UKO PAUL KAGAME AFITE UBUSHAKE BWO KUBAKA IGIHUGU? », nibwo mfungutse amaso, nzibuka n’amatwi, nsobanukirwa neza nicyo wamye utumenyesha, ko uri « Prezida wa Guvernoma y’u Rwanda ikorera mu buhungiro ».<br /> Rwose aha nongeye kugushimira kuko utigeze wishushanya: mu gihe Nyakubahwa Paulo Kagame ari Prezida wa Guvernoma y’u Rwanda ikorera imbere mu gihugu », wowe Padri Thomas Nahimana uri « Prezida wa Guvernoma y’u Rwanda ikorera muri Diaspora (mu buhungiro) ». Birumvikana ko izi Guvernoma zombi zibereyeho kuzuzanya mu mvugo no mungiro.<br /> Mwizina ryanjye bwite niry’abandi batashoboye kugushimira iyi nyandiko yawe y’itabaza (eclaireure/clarifying), utubabarire ko twakomeje kukubeshyera, tukwita « Prezida wa Guvernoma ya opozisiyo[nyarwanda] ikorera mu buhungiro ».<br /> Abanyarwanda dushoboye kugufatiraho urugero, tukirinda kugira imvugo ebyri, kandi tugashoboa kwirinda gushyira ibyifuzo byacu mu kanwa k’abandi (nkuko twabigukoreye – ariko Imana ishimwe nizeye ko warangije kutubabariria) twagera ku mahoro arambye n’amajyambere asaranganijwe, nta maraso y’inzirakarengane abanje cyangawa se agombye kumeneka.<br /> Uwiteka, Imana akomeze atwongerere impagarike n’ubungogo, kugeza ubwo tuzasubira iwacu i Rwanda tukarubanamo amahoro, tukishyiriraho Guvernoma imwe rukumbi, ibumbatiye abanayrwanda twese, kuko twizeye ko icyo gihe cy’iyi guvernoma twifuza, ubuhungiro buzababa busezerewe burundu mu mateka yacu.<br /> Harakabaho u Rwanda n’abanyarwanda, harakabaho ubwiyunge<br /> nyakuri n’ubumwe rusange mu banayarwanda, harakabaho ukuri, urugwiro n’ubumuntu mu rwatubyaye, harakabaho amahoro arambye n’iterambere risaranganijwe mu bana b’u Rwanda.<br /> Ubuntu bw’Imana Rurema bukomeze bubane natwe, maze duhabwe ihumure impande zose, mw’izina ryera rya Yesu Kristo. Amen.<br /> <br /> Shishoza Munyarwanda