Overblog
Editer l'article Suivre ce blog Administration + Créer mon blog

Archives

Publié par La Tribune Franco-Rwandaise

IKINYAMAKURU "IGIHE" KIRIRENGAGIZA ICYUNAMO CYA JENOSIDE AHUBWO KIKARIRIMBA IBIGWA BYA POLO KAGAME WATANZE ABATUTSI HO IBITAMBO. IRI YAMAMAZWA RY'INTAGIHE RIHISHE IKI?
IKINYAMAKURU "IGIHE" KIRIRENGAGIZA ICYUNAMO CYA JENOSIDE AHUBWO KIKARIRIMBA IBIGWA BYA POLO KAGAME WATANZE ABATUTSI HO IBITAMBO. IRI YAMAMAZWA RY'INTAGIHE RIHISHE IKI?
IKINYAMAKURU "IGIHE" KIRIRENGAGIZA ICYUNAMO CYA JENOSIDE AHUBWO KIKARIRIMBA IBIGWA BYA POLO KAGAME WATANZE ABATUTSI HO IBITAMBO. IRI YAMAMAZWA RY'INTAGIHE RIHISHE IKI?
13 21-04-2020 - saa 08:13, IGIHE

Mu mwaka wa 2000 ubwo Paul Kagame yatangiraga kuyobora u Rwanda nk’Umukuru w’Igihugu nyuma yo gutorwa n’Abadepite, hari hashize imyaka itandatu Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe. Imitima ya benshi yari igifite ibikomere bibisi, amatongo agisanwa, ibibazo byo gukemura ari uruhuri.

Igihugu cyari mu nzira y’inzitane, gishakisha uko cyakwigobotora ibibazo byari bikigose impande n’impande. Nibwo cyari mu bushyamirane na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari indiri y’Interahamwe zashyugumbwaga zishaka kugaruka mu Rwanda gusohoza umugambi zakomwemo mu nkokora.

Ku rundi ruhande, u Rwanda rwari mu bushyamirane na Uganda ndetse umutekano warwo ukirimo agatotsi. Imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yari igikwirakwiye hose, abiciwe bagitegereje guhabwa ubutabera, hamwe wasangaga baremererwa no kubana n’ababiciye batigeze bahanirwa ibyaha bakoze.

Muri icyo gihe kubona amazi cyangwa umuriro byari ingume, imihanda n’amateme byarangiritse. Iri koranabuhanga twishimira ubu, ryari rikiri mu nzozi kuko na bake bari bafite telefoni byabasabaga kurira imisozi bagiye gushaka network/réseau, internet yo sinakubwira.

Mu 2000 hari hashize imyaka ibiri gusa “MTN Rwandacell” itangiye gukorera mu Rwanda, abakire b’abacuruzi n’abandi bageraga ku ifaranga byoroshye nibo bari abakiliya bayo, bamwe muri bo bafite za telefoni z’umugozi mu ngo, mu gihe abandi bakoreshaga za “Publiphones”, mbarwa ugasanga bafite za ’faxes’.

Icyo gihe hari hashize imyaka ibiri ibiganiro byo mu Rugwiro bitangiye, bihuza abanyapolitiki n’abavuga rikumvikana hatitawe ku ruhare baba baragize mu mateka mabi y’u Rwanda. Icyo gihe nibwo hemejwe umushinga w’icyerekezo 2020 u Rwanda rwagendeyemo kugeza magingo aya.

Bidatinze ariko mu gihugu zatangiye guhindura umurishyo mu myaka itatu yakurikiye umwaka wa 2000, habaho kuvugurura inzego, ibendera n’ikirangantego birahindurwa, Itegeko Nshinga riravugururwa ndetse riranatorwa, mu mwaka wa 2003 habaho amatora ya Perezida wa Repubulika yaje kwegukanwa na Paul Kagame ku majwi 95%.

Intambwe nshya mu muvuduko w’iterambere

Nyuma y’amatora, umuvuduko muri gahunda zose zo kuzahura igihugu warushijeho gufata indi ntera, impinduka zikorwa mu ngeri zose.

Kuva mu 2004 kugera mu 2009, umutekano wabaye ntamakemwa, abacengezi bahinduka umugani, mu gihe umuriro w’amashanyarazi wabonaga umugabo ugasiba undi muri Kigali na hose mu gihugu, haguzwe imashini zikoreshwa na mazutu zikemura icyo kibazo, ingomero zimwe zirasanwa izindi zirubakwa, ibyo gusaranganya umuriro bibonerwa igisubizo.

Abaturage mu bice by’icyaro batangiye gushishikarizwa gutura mu midugudu kugira ngo bagerweho n’ibikorwaremezo mu buryo bworoshye.

Kigali yakozwemo isuku riraka. Benshi bibuka mu 2006 abantu babuzwa gukorera mu nzu zituzuye, za Kiosks zicibwa ku mihanda, u Rwanda ruba urwa mbere muri Afurika ruhagaritse ikoreshwa ry’amashashi, mu mihanda hagati no mu nkengero zayo haterwa ubusitani, Kigali itangira gutohagira.

Icyo gihe mu nyigo hari imishinga myinshi nk’iyo kwimura abari batuye hirya ya KBC hakubakwa umuturirwa urabagirana wa Kigali Convention Centre, kwagura RwandAir, kwagura ubukerarugendo, yewe no kugira u Rwanda igihugu giteye imbere mu ikoranabuhanga nabyo byari mu mishinga y’imena.

Guhera mu 2010, nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yasojwe Perezida Kagame yegukanye intsinzi yamuhesheje kuyobora manda ya kabiri ku majwi 93%, u Rwanda rwatangiye umuvuduko w’iterambere uri ku rundi rwego, binyuze muri gahunda z’imbaturabukungu, EDPRS ya Mbere n’iya Kabiri.

Nka EDPRS I yatangiye mu 2008 igeza mu 2012, yasize u Rwanda rwesheje umuhigo mu iterambere, rugabanya ubukene ndetse n’ubusumbane mu bukungu.

Yatumye ubukene bugabanuka kuva kuri 56.7% bugera kuri 44.9%, bituma abarenga miliyoni imwe bava mu bukene mu myaka itagera kuri itanu.

Amafaranga umuturage yinjiza ku mwaka mu 2010 yari 579 $, ariko mu mwaka wa 2015 arazamuka agera kuri 728 $ mu 2015.

Uko ingengo y'imari y'u Rwanda yiyongereye uhereye mu 2000

U Rwanda mu ruhando mpuzamahanga

Mu 2015 Inama nini nk’iya BAD, Transform Africa n’izindi nyinshi zatangiye kubera mu Rwanda ubwo igihugu cyafataga icyerekezo gishya cyo kuba kimwe mu byakira inama nyinshi zikomeye ku mugabane, byakurikiwe no guteza imbere kurushaho ubukerarugendo, hoteli n’inzu nshya zakirirwamo inama n’abashyitsi zubakwa Kigali no hirya no hino mu gihugu, kompanyi nini nka Marriott, Radisson Blu, Onomo, Mantis n’izindi zitangira kuyoboka isoko ry’u Rwanda.

Imibanire n’amahanga yinjijwe mu bihe bishya mu myaka 10 ishize, mu 2011 u Rwanda rwinjira muri Commonwealth, runaguma muri Francophonie [OIF], ijwi ry’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga ritangira kumvikana byisumbuyeho.

Ambasade nshya zarafunguwe hirya no hino, gutsura umubano n’ibihugu bifata indi ntera, by’umwihariko muri Afurika kuko byanageze aho Perezida Kagame ahabwa inshingano na bagenzi be zo gukora amavugurura mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, birangira ibihugu byo ku mugabane uko byakabaye bimutoreye kuba Umuyobozi wa AU mu 2016, anakora amateka akomeye ubwo hasinywaga amasezerano yiswe CFTA agamije gutsura ubuhahirane n’urujya n’uruza hagati y’ibihugu bya Afurika.

Imishinga y’ingenzi yari yarananiranye yatangiye kujya imbere, ikibazo cy’uburyo AU yahuraga n’ubukene kubera kutifasha gitangira kubonerwa umuti.

Magingo aya, u Rwanda ni igihugu cyubashywe ku Isi kandi gifite ijambo, gishimirwa imbaraga n’umuhate mu kuzahura ubukungu, kwishakamo ibisubizo. Imiyoborere myiza ya Perezida Kagame isigaye ari isomo kuri benshi binjira mu buyobozi.

Imibare igaragaza ko mu mwaka wa 2000 Ingengo y’Imari y’u Rwanda yanganaga na miliyari 174,4 Frw mu gihe iyo mu mwaka wa 2020 ingana na miliyari 3,017.1 Frw nyuma yo kuvugururwa muri Gashyantare.

Mu gihe turi mu mwaka wa nyuma wa Vision 2020, ni umwanya mwiza wo gusubiza amaso inyuma tureba aho u Rwanda ruvuye, ari ko tunahanga amaso icyerezo 2050 turi kwerekezamo n’icyizere cy’uko ibyiza biri imbere.

Hano twabakusanyirije amwe mu mafoto yerekana Perezida Kagame mu bihe bitandukanye mu kazi kenshi yakoze muri iyi myaka 20 ishize.

Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :
Commenter cet article